Uko wahagera

Amerika: Imyigaragambyo y'Abanyeshuli Bashyigikiye Palestine Yanze Gucogora


Abanyeshuli bakambitse kuri kaminuza ya George Washington muri Washington, DC, mu rwego rwo gushyigikira Palestine taliki 25, 2024.
Abanyeshuli bakambitse kuri kaminuza ya George Washington muri Washington, DC, mu rwego rwo gushyigikira Palestine taliki 25, 2024.

Imyigaragambyo y’abanyeshuri ba kaminuza zitandukanye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika bashyigikiye Palestine nta kimenyetso cyo gucogora igaragaza.

Mu mpera z’icyumweru yahereye ku mpera y’igihugu igera ku yindi rugeretse hagati y’abanyeshuli n’abapolisi bahosha imvururu badahwema guta muri yombi ababarirwa mu magana.

Abanyeshuri bafashe ikindi cyumweru biyemeje kuzaguma mu mahema bakambitsemo kugeza igihe ibyo basaba bizubahirizwa.

Aba banyeshuri barasaba ko intambara hagati ya Isirayeli na Hamasi ihagarara na za kaminuza guhagarika gushora imari mu bigo bya Isirayeli bifitanye imikoranire n’igisirikare cy’icyo gihugu. Barasaba kandi Leta zunze ubumwe z’Amerika guhagarika inkunga itera ingabo za Isirayeli.

Imyigaragambyo y’abanyeshuri ba kaminuza yakwiriye mu mashuli atandukanye hirya no hino muri Amerika yasembuwe n’ifatwa ry’abantu 100 bari mu myigaragambyo kuri kaminuza ya Columbia mu mujyi wa New York mu cyumweru gishize.

Ubu bushyamirane bwakomereje n’ahandi nko muri kaminuza ya Southern California yahise ifungwa, abagera kuri 200 batabwa muri yombi.

Naho Kaminuza ya Washington iri St oLuis muri leta ya Missouri, ifatwamo abantu 80.

Muri bo harimo umukandida w’ishyaka Green Party riharanira kurengera ibidukikije, Jill Stein

Forum

XS
SM
MD
LG